U Rwanda mu gikombe cy’ isi cy’ umupira w’ amaguru

jeudi 13 janvier 2011

U Rwanda mu gikombe cy’ isi cy’ umupira w’ amaguru


Mu gihe u Rwanda rwagiye mu mikino ya nyuma y’ igikombe cya Africa inshuri imwe gusa, hakaba hari mu mwaka wa 2004, ikipe y’ umupira w’ amaguru y’abatarengeje imyaka imyaka 17 ku wa kabiri tariki 11 z’ukwa mbere 2011, yabonye itite yo gukina imikino ya nyuma y’ igikombe cy’ isi cy’ abatarengeje iyo myaka, igikombe kizatangira mu kwezi kwa gatandatu uyu mwaka ku mugabane wa America y’ amajyepfo mu gihugu cya Mexique.

U Rwanda rukaba rwarabonye iyi tike nyuma yo gutsinda ikipe ya Misiri mu gikombe cya Africa cy’ abatarengeje imyaka 17 ku nshuro ya cyenda, kiri kubera mu Rwanda. Kuri ubu u Rwanda rukaba ari u rwa mbere mw’ itsinda ryarwo rya mbere kuko rwatsinze amakipe yose ashobora kubona itike yo gukomeza muri ½ ariyo Misiri na Burkina Faso.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire