U Rwanda mu gikombe cy’ isi cy’ umupira w’ amaguru

vendredi 14 janvier 2011

Amavubi mato atunguwe no kurangiza mu matsinda ari ku mwanya wa 2


Nyuma y’ aho ikipe y’ igihugu y’ umupira w’ amaguru y’ abatarengeje imyaka 17 yitwaye neza mu mikino ibiri yabanje, akaba ari mu gikombe cy’ afrika cyiri kubera mu Rwanda, kuri uyu wa gatanu tariki ya 14 1 2011, iyi kipe yatunguwe no gutsindwa n’ ikipe ya Senegal yanamaze gusezererwa muri iyi mikino igitego 1-0

Iyi kipe imaze gutsinda Burkina faso ibitego 2-1, ikaza no gutsinda Misiri 1-0, benshi baravuze bati iyi rwose irazamuka ari iya mbere. Ibyo rero siko byagenze kuko kuri uyu munsi yatunguwe ihita insindwa na Senegal mu minota ya nyuma y’ umukino. N’ ubwo utuvubi twatsinzwe, turacyafite ikizere kuko kuri uyu munsi umutoza yari yagerageje gukinisha abakinnyi batabanza mu kibuga mu rwego rwo guha ikiruhuko ab’ ingenzi.

Tubabwire ko ikipe yazamutse ari iyambere mw’ itsinda rya mbere ari Burkina Faso nyuma yo gutsinda yihanukiriye ikipe ya Misiri. Ubu tuvuga akaba ari 4 bya Burkina faso ku busa bwa Misiri.

Aucun commentaire:

Enregistrer un commentaire